Kinyamateka_KM Profile Banner
KINYAMATEKA Profile
KINYAMATEKA

@Kinyamateka_KM

Followers
8K
Following
2K
Statuses
13K

Kinyamateka ni ikinyamakuru cy'Inama y'Abepiskopi Gatolika mu Rwanda. Ni cyo kinyamakuru cya mbere cyabayeho mu Rwanda. Kikaba cyaratangiye 1/9/1933

Kigali/Rwanda
Joined November 2019
Don't wanna be here? Send us removal request.
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
3 days
0
0
4
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
2 hours
‘’Turere abana neza tudakoresha inkoni n’ibihano bikabije ariko kandi ntabwo twaciwe gutanga igitsure ku mwana, dutoze ababyeyi kurera abana bakoresha igitsure kirimo impuhwe n’ubugwanezakugira ngo tuzagire umunyarwanda twifuza muri 2050 kuko azaturuka mu muryango twubaka uyu munsi’’. Uwimana Consolée Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango. @RwandaGender @InterfaithRda @RBCRwanda @DOCICO_CEPR @islamrwanda #KMAmakuru.
Tweet media one
0
0
2
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
2 hours
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Uwimana Consolée yashimiye Amadini n’Amatorero yateguye iyi gahunda yo kuganira ku burerere buboneye n’inshingano za kibyeyi ziganisha kubaka umuryango ubereye u Rwanda. ‘’ ndabashimira ko mwatekereje ko twakwicara tukaganira ku kibazo kiremereye ku muryango nyarwanda tuzi nk ‘ishingiro ry’imibereho y’umunyarwanda, ibi bihuje na gahunda ya let aya NST1, ubu tugeze kuri NST2, ivuga ko twifuza kugira umunyarwanda ushoboye ufite ubumenyi, ufite ubuzima bwiza kandi ubayeho neza mu muryango ushoboye kandi utekanye’’. @RwandaGender @InterfaithRda @DOCICO_CEPR #KMAmakuru.
Tweet media one
0
0
3
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
2 hours
‘’Urukundo nyakuri ni ukwifuriza mugenzi wawe icyiza, kuba wamwangiriza ubuzima ntabwo ari urukundo ahubwo ni ukwikunda no gushyira imbere ishimishamubiri n’irari ry’umubiri, ni ibintu rero muri iki cyumweru cy'umuryango twifuza ko hatangwa inyigisho zijijura abantu bakamenya urukundo nyakuri ko atari ukuryamana ahubwo ari rwa rukundo rutegereza kandi rwubahana’’. Nyiricyubahiro Antoni Karidinali Kambanda Arikiyepiskopi wa Kigali. @InterfaithRda @ArchKigali @DOCICO_CEPR @RwandaGender @RBCRwanda #KMAmakuru.
Tweet media one
0
0
3
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
3 hours
‘’ turi kwegereza Saint Valentin, kimwe mu bintu bitubabaza ni uko hari abumva ko urukundo ari ukuryamana, tujya duhura n’abakundana ugasanga barashaka gushyingiranwa hutihuti kuko atwite, wamubaza akakubwira ko yabwiwe ko natemera kuryamana n’uwo bakundana bizaba bigaragaza ko atamukunda. Hari umuryango witwa ‘’True Love wait’’, Bisobanuye ngo urukundo rw’ukuri rurategereza ntibarye ubukwe bubisi’’. Nyiricyubahiro Antoni Karidinali Kambanda Arikiyepiskopi wa Kigali. @ArchKigali @InterfaithRda @RwandaGender @RBCRwanda #KMAmakuru.
Tweet media one
0
1
7
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
3 hours
Nyiricyubahiro Antoni Karidinali Kambanda Arikiyepiskopi wa Kigali akaba n’Umuyobozi w’Urugaga rw’amadini n’Amatorero mu kubungabunga Ubuzima, yashimiye inzego zose zitabiriye iyi nama avuga kandi ko byabafashishe kumenya uko bahagaze n’icyo bakwiye gukora ati ‘’ byagaragaye ko umwana w’umukobwa ari we wugarijwe cyane, ibuye rikigaragaye ntiriba rikishe isuka''. @InterfaithRda @RwandaGender @RBCRwanda @islamrwanda @DOCICO_CEPR #KMAmakuru.
Tweet media one
0
0
4
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
4 hours
Mufti w’u Rwanda Sheikh Mussa Sindayigaya Yavuze ko bagerageza gushishikariza ababyeyi kumenya inshingano zabo, ati ‘’ urugero twaganiriye ku kibazo cyo kuboneza urubyaro, tugerageza gusobanurira abantu bagiye bumva nabi iyi gahunda. Imana iduha ubutumwa tukanabyara ariko tukabyara abo dushoboye kwitaho ntabwo ibyo byagerwaho n’umubyeyi w’umugabo atabishyizemo imbaraga ari naho twagiye tunenga bamwe mu babyeyi usanga baharirana inshingano zimwe aho gufatanya ugasanga umwe avuga ati ndaguteza Papa wawe cyangwa ngo ndakurega kuri Mama wawe’’. @InterfaithRda @RwandaGender @DOCICO_CEPR @islamrwanda #KMAmakuru.
Tweet media one
0
0
4
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
4 hours
Umuryango wa Etienne Rutagengwa na Anne Ihabwimpundu, bagaruka ku cyo bungukiye muri gahunda y’Ubusugire bw’ingo bavuze ko byabafashije kubaka umuryango mwiza kandi bifuza, aho batangiye gahunda zitandukanye zirimo kwiga imishinga inyuranye igamije iterambere mu muryango wabo ibyatumye bigira hamwe uburyo bwo kuboneza urubyaro kugira ngo barusheho kugira umuryango mwiza kandi utekanye, ubu bakaba bishimiye ko baganira kuri buri kimwe mbere yo kugira icyo bakora. @DOCICO_CEPR @InterfaithRda @RwandaGender #KMAmakuru.
Tweet media one
0
0
3
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
4 hours
Kuri uyu munsi mukuru wa Bikiramariya umwamikazi wa Lourdes , abana bagera kuri 30 biga mu ishuri ryaragijwe Bikirama umwamikazi wa Lourdes Byimana bateguwe bahawe amasakaramentu ya Batisimu, Ukaristiya n'ugukomezwa.
Tweet media one
Tweet media two
Tweet media three
Tweet media four
0
0
7
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
4 hours
Vestine Musabyemariya ushinzwe ibikorwa by’umuryango mu Nama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda watanze ikiganiro ku ‘’Urugo Igicumbi cy’Ubuzima, Amajyambere n’Uburere bwiza’’, yavuze ko kubyara bidahagije kuko kurera ari inshingano zikomeye bityo bakwiye kurangiza izo nshingano, avuga ko abashanye bakwiye kwitabira ibikorwa rusange bahamagarirwa n’Igihugu kugira ngo batere imbere, Bagashyira hamwe ibyo batunze byose, bitabira ubutumwa bunyuranye mu miryango y’abemera barimo. @DOCICO_CEPR @InterfaithRda @RwandaGender #KMAmakuru.
Tweet media one
0
0
6
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
4 hours
Kuri uyu wa 11 Gashyantare 2025 ishuri ryitiriwe Bikiramariya Umwamikazi wa Lourde Byimana, ryahimbaje umunsi mukuru w'ishuri . Ni ishuri riherereye muri Paruwase ya Byimana. Myr Balthazar Ntivuguruzwa umwepisikopi wa Diyosezi ya Kabgayi yifatanyije n'ishuri rya Notre Dame de Lourde de Byimana mu gitambo cya Misa yabaturiye mu rwego rwo kwizihiza Umunsi mukuru w'ishuri ryitiriwe Bikiramariya Umwamikazi wa Lourde( Groupe Scholaire Notre Dame de Lourde de Byimana, (GSNDL.)
Tweet media one
Tweet media two
Tweet media three
Tweet media four
0
0
7
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
7 hours
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya virusi itera SIDA mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima RBC Dr Ikuzo Basile Yavuze ko abakiri bato aribo bakunze kwibasirwa na Virusi itera SIDA, Avuva ko mu mibare iheruka mu mwaka wa 2024 igaragaza ko umubare w’abana b’abakobwa ariwo wibasirwa cyane ugereranyije n’abana babahungu ahanini bitewe n’umwuga w’uburaya bwiganje mu mujyi wa Kigali, gusa kimwe mu bisubizo bafite porogaramu zifasha abana b’abakobwa kutandura virusi itera SIDA aho babafasha kubona imiti ibarinda. @RBCRwanda @InterfaithRda @DOCICO_CEPR @RwandaGender #KMAmakuru.
Tweet media one
0
0
2
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
7 hours
''Zimwe mu mbogamizi tugihura nazo harimo bamwe mu babyeyi bafite ubwandu bwa Virusi itera SIDA badafata imiti neza bigatuma abana bashobora kwandura Virusi itera Sida gusa twihaye intego yo gukora ibishoboka kugira ngo abana bavuka ku babyeyi banduye virusi itera SIDA bajye bavuka ari bazima’’. Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya virusi itera SIDA mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima RBC Dr Ikuzo Basile @RBCRwanda @InterfaithRda @RwandaGender @DOCICO_CEPR #KMAmakuru.
Tweet media one
0
1
4
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
7 hours
Ubusinzi, kutagira umwanya wo kuganira, ubuharike, kurangazwa n’ibikoresho by’ikoranabuhanga n'ibindi ni bimwe mu bikibangamiye umuryango byagarutsweho na Aline Umutoni Umuyobozi mukuru ushinzwe Iterambere ry'umuryango no kurengera Umwana muri MIGEPROF. @RwandaGender @InterfaithRda @DOCICO_CEPR @RBCRwanda #KMAmakuru
Tweet media one
0
0
10
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
8 hours
Aline Umutoni Umuyobozi mukuru ushinzwe Iterambere ry'umuryango no kurengera Umwana muri MIGEPROF, watanze ikiganiro ku ‘’Urugendo rwo kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye’’, yatangaje ibyagezweho mu bijyanye n’umuryango avuga ko hashyizweho inzego zinyuranye zita ku muryango; inzego zishinzwe imikurirre y’abana [NCDA], inshuti z’umuryango 2 kuri buri mudugudu mu gihugu zose, gahunda y’ingo mbonezamikurire, kwimakaza gahunda y’Uburinganire n’Ubwuzuzanye aho u Rwanda ubu ruri ku mwanya wa Kabiri muri Afurika n'izindi hagamijwe kubaka umuryango Mwiza ushoboye kandi utekanye. @InterfaithRda @DOCICO_CEPR @RwandaGender @RBCRwanda #KMAmakuru.
Tweet media one
0
0
4
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
8 hours
''Ibibazo by’ihohotera rishingiye ku gitsina, ubwandu bwa Virusi itera Sida batubwira ko mu rubyiruko ariho bikomeje kwiyongera, mu rwego rwo gutanga uruhare rwacu nk’amadini n’amatorero twateguye inama nyunguranabitekerezo kugira ngo dufatanye gushaka umuti mu buryo burambye w’ibibazo byugarije umuryango''. Nyiricyubahiro Antoni Karidinali Kambanda Arikiyepiskopi wa Kigali. @InterfaithRda @DOCICO_CEPR @RwandaGender @RBCRwanda #KMAmakuru.
Tweet media one
0
0
7
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
8 hours
''Twemera ko umuryango wahanzwe n’Imana, abana uko tubarerera niko bazadushajisha, muri iyi minsi mu miryango hari ibibazo byinshi birimo ibishingiye ku mibanire aho usanga amakimbirane ari menshi bikarangira habayemo gatanya nyinshi bikaba byagera no ku bwicanyi, ibi kandi ugasanga bigira ingaruka zikomeye ku bana. Iyo batanye byica umwana bigasenya ubuzima bwe, uburere bw’abana ni ikintu gikomeye, ibituma twibaza niba uburere dutanga bukwiriye, cyane ko tubona abana mu mihanda, bigatuma bishora mu busamabanyi, mu kwiyandarika, mu buhabara mu businzi n’ibindi''. Nyiricyubahiro Antoni Karidinali Kambanda Arikiyepiskopi wa Kigali. @ArchKigali @InterfaithRda @DOCICO_CEPR @RwandaGender @RBCRwanda #KMAmakuru.
Tweet media one
0
3
10
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
9 hours
Nyiricyubahiro Antoni Karidinali Kambanda Arkiyepiskopi wa Kigali ari nawe muyobozi w'Urugaga rw'Amadini n'Amatorero mu kubungabunga Ubuzima, niwe ufunguye inama ku mugaragaro ashimira abitabiriye inama nyunguranabitekerezo mu kubungabunga umuryango. @InterfaithRda @RwandaGender @RBCRwanda #KMAmakuru.
Tweet media one
1
2
8
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
9 hours
Kuri uyu wa 11 Gashyantare 2025, Muri M Hotel hari kubera Inama nyunguranabitekerezo mu kubungabunga umuryango, kurengera ubuzima n'uburere bw'abana. Ni inama yateguwe n'Urugaga rw'Amadini n'Amatorero mu kubungabunga Ubuzima @InterfaithRda , yitabiriwe n'abayobozi bo mu nzego zitandukanye barimo @RwandaGender, @RBCRwanda, RMC, @DOCICO_CEPR N'izindi. #KMAmakuru.
Tweet media one
Tweet media two
Tweet media three
Tweet media four
0
3
11
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
21 hours
Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe ya Ruhango yashyizwe ku rutonde rw'Ingoro za Yezu Nyirimpuhwe zemewe ku rwego rw'isi.
5
12
88
@Kinyamateka_KM
KINYAMATEKA
2 days
Karidinali Fridollin Ambongo, Arikiyepiskopi wa Kinshasa avuga ko umuti w'ibibazo by'umutekano bimaze igihe muri Kongo nta wundi uretse ibiganiro biha urubuga buri wese ndetse n'abafatwa nk'abanzi ba Kongo. #KMAmakuru
0
3
18